Home AMAKURU ACUKUMBUYE Ese haba hari icyo imbabazi zimaze ? Sobanukirwa n’icyo bibiliya isobanura ku...

Ese haba hari icyo imbabazi zimaze ? Sobanukirwa n’icyo bibiliya isobanura ku inyungu z’imbabazi.

Ijambo imbabazi ntabwo byoroshye kurishyira mu bikorwa  ariko gusobanukirwa n’iri jambo ubwaryo byo biroroshye. Bibiliya ni igitabo cy’ifashishwa n’abantu benshi kandi gifasha benshi, nifuje kuba ari cyo nifashisha  kugira ngo tumenye icyo kivuga ku Imbabazi.

Kuki imbabazi ari ngombwa ?

Kubera ko Imana ibidusaba.  Mbese n’ukwumvira Imana ibyo idusaba gukora. Nkuko mugitabo cy’Abakolosayi3 :13 havuga hati «  mwihanganirana kandi mubabarirana ibyaha, uko umuntu agize icyo apfa n’undi. Nk’uko Umwami wacu yabababariye, abe ari ko namwe mubabarirana ». No mugitabo cya Matayo :6 :14-15 havuga hati  « “Kuko nimubabarira abantu ibyaha byabo, na So wo mu ijuru azabababarira namwe, ariko nimutababarira abantu, na So na we ntazabababarira ibyaha byanyu ».

Kubera ko Imana itubabarira. Mbese ni ingaruka y’imbabazi natwe twagiriwe . Muri Matayo 18 :23-35 havuga hati « Ni cyo gituma ubwami bwo mu ijuru bwagereranywa n’umwami washatse kubarana n’abagaragu be umubare w’ibyo yababikije..Abanje kubara, bamuzanira umwe muri bo yishyuza italanto inzovu..Ariko kuko yari adafite ibyo kwishyura, shebuja ategeka kumugura n’umugore we n’abana be n’ibyo afite byose, ngo umwenda ushire..Umugaragu aramupfukamira aramwinginga ati ‘Mwami, nyihanganira nzakwishyura byose.’.Shebuja aramubabarira aramureka, amuharira umwenda..“Ariko uwo mugaragu arasohoka, asanga umugaragu mugenzi we yagurije idenariyo ijana, aramufata aramuniga, aramubwira ati ‘Nyishyura umwenda wanjye.’.Umugaragu mugenzi we yikubita hasi, aramwinginga ati ‘Nyihanganira nzakwishyura.’. Ntiyakunda maze aragenda amushyira mu nzu y’imbohe, kugeza aho azamarira kwishyura umwenda..Abagaragu bagenzi be babonye ibibaye barababara cyane, baragenda babibwira shebuja uko bibaye byose..Mazeshebuja aramuhamagara aramubwira ati ‘Wa mugaragu mubi we, naguhariye wa mwenda wose kuko wanyinginze,.nawe ntiwari ukwiriye kubabarira mugenzi wawe nk’uko nakubabariye?’.Shebuja ararakara, amuha abasirikare kugeza aho azamarira kwishyura umwenda wose.Na Data wo mu ijuru ni ko azabagira, nimutababarira umuntu wese mwene so mubikuye mu mutima.”

kubera ko ari ukugera ikirenge mucy’Imana. Mugitabo cy’Abefeso4:32 havuga ngo « Mugirirane neza, mugirirane imbabazi, mubabarirane ibyaha nk’uko Imana yabababaririye muri Kristo no kubice byaho 5:1 haravuga hati: “Nuko mwigane Imana nk’abana bakundwa.”

Kubera ko aho imbabazi zitari nta busabane n’Imana buba buhari.
Mu gitabo cya Matayo6:12 haravuga hati  « Uduharire imyenda yacu, Nk’uko natwe twahariye abarimo imyenda yacu ».   Muri Matayo 6 :14-16 harongera hakavuha ibijyanye n’imbabazi ; “Kuko nimubabarira abantu ibyaha byabo, na So wo mu ijuru azabababarira namwe, ariko nimutababarira abantu, na So na we ntazabababarira ibyaha byanyu.”
Hari abantu bamwe bavuga bati “sinashobora kubabarira” Ariko ikibazo si ukubishobora ahubwo ni ukubishaka kuko ubushobozi bwo ni ubw’Imana. Mugihe mumutima wawe ufite ubushake bwo kubabariba Imana nayo iragushoboza.
Imbabazi ni ikintu cya ngombwa cyane mubuzima bwacu bwa buri munsi yaba k’ utanga cyangwa usaba imbabazi.

 

Ubumwe.com

48 COMMENTS

  1. Thanks a bunch for sharing this with all people you actually know what you are speaking about! Bookmarked. Please also talk over with my web site =). We will have a link exchange contract between us!

  2. I know this if off topic but I’m looking into starting my own blog and was wondering what all is needed to get setup? I’m assuming having a blog like yours would cost a pretty penny? I’m not very internet savvy so I’m not 100 sure. Any recommendations or advice would be greatly appreciated. Many thanks

  3. I’m not sure why but this site is loading very slow for me. Is anyone else having this problem or is it a issue on my end? I’ll check back later and see if the problem still exists.

  4. This is very interesting, You are a very skilled blogger. I have joined your rss feed and look forward to seeking more of your great post. Also, I’ve shared your web site in my social networks!

  5. There are some fascinating cut-off dates in this article however I don’t know if I see all of them center to heart. There is some validity but I’ll take maintain opinion until I look into it further. Good article , thanks and we want extra! Added to FeedBurner as nicely

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here