Home AMAKURU ACUKUMBUYE Dore amafoto y’ubukwe bw’umunyamakuru Umukunzi, banagiriye inama urubyiruko

Dore amafoto y’ubukwe bw’umunyamakuru Umukunzi, banagiriye inama urubyiruko

Umunyamakuru Umukunzi Mediatrice yasezeranye n’umukunzi we Gashabizi Jean Claude, bashima Imana, banagira urubyiruko inama.

Umukunzi Mediatrice ni Umunyamakuru akaba n’umuyobozi mukuru wa The Bridge Magazine, yasezeranye n’umukunzi we Gashabizi Jean Claude, Kuri uyu wa kane Tariki 16 Gashyantare  aba bageni basezeraniye ku Murenge wa Kimihurura ,mu birori byitabiriwe n’inshuti, ababyeyi  n’abavandimwe .

Gashabizi Jean Claude ubwo yarahiraga ko yemeye kuba umugabo w’Umukunzi Mediatrice
Umukunzi Mediatrice ubwo yarahiraga kubera Gashabizi Jean Claude umugore.

Aba bageni bombi bagaragaza ibyishimo ndetse bashima Imana ko yabagejeje kuri uwo munsi wo kurahirira imbere y’amategeko ko babaye umugabo n’umugore.

Umwe ati” Wakoze kumbera umugore” andi nawe ati”Nawe wakoze kumbera umugabo.:

Ubwo bari mu birori byo kwiyakira no kwakira ababyeyi, inshuti n’abavandimwe babagaragarije akanyamuneza n’umunezero wabo.

Umubyeyi wa Umukunzi ahobera umukwe we, amuha ikaze mu muryango
Mama wa Gashabizi yishimiye umukazana mu muryango.
Ababyeyi babyara Umukunzi bari banezerewe kuri uyu munsi

Gashabizi mu magambo ye yagize ati” Ntimushobora kwibaza umunezero dufite kuri uyu munsi wacu, twabaye umugabo n’umugore. Ni umunsi natwe ubwacu twari dufitiye amatsiko ariko biragaragara ko Imana yari iduhishiye umunezero nk’uyu.”

Umuryango wa Umukunzi bari banezerewe uyu munsi
Bamwe mu banyamakuru b’inshuti za bugufi za Umukunzi nabo bari baje kwifatanya n’abageni

Gashabizi yakomeje avuga ko bari kwiga amasomo y’abitegura kurushinga( ecole de fiances) aho yagaragaje ko ari amasomo meza kuko bigishwa n’abarimu batandukanye bafite inararibonye, ndetse banabatoza kuragiza urukundo n’urugo rwabo Nyagasani. Aho yahereye agira inama abandi bose bifuza kurushinga ko bajya biga aya masomo mbere yo gufata umwanzuro wo kubana akaramata.

Gashabizi Jean Claude
Umukunzi Mediatrice

Gashabizi yakomeje ashimira abaje kwifatanya nabo Yaba abo ku ruhande rwe ndetse n’uruhande rw’umugore we Umukunzi.

Umukunzi nawe yagaragaje umunezero kuri uwo munsi wabo, aho yunze mury’umugabo we ati” Turabashimiye mwese kuba mwabanye natwe. Turashima Nyagasani cyane kuko yabanye natwe .”

Abavandimwe bishimiye umunsi nk’uyu.

Gashabizi n’umugore we Umukunzi, bose ni abakirisitu bo mu idini gaturika, akaba ari naho bahuriraga kenshi mu bikorwa bitandukanye, ari naho urukundo rwabo bombi rwavukiye.

Bamwe mu nshuti zabo za bugufi zari zihari.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimihurura wabasezeranije.

Batangaje ko ubu bagikomeje amasomo kuko batarasoza. Gusa batangaza ko mu mezi ari imbere bazaba basoje, aho bazaba babonye uburenganzira bwo kuba bakomeza n’ubundi bukwe. Baboneyeho no gutangaza ko mu kwezi kwa Gicurasi bazakora ubukwe bwo gusaba no gukwa, naho muri Kamena bagasezerana imbere y’Imana, aho bazasezerana kubana akaramata.

Abageni bari baberewe bigaragarira ijisho.

 

Kanda hano urebe izindi nkuru zacu mu mashusho, ukande na subscribe uraba uduteye inkunga

 

Ubumwe.com

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here