Home AMAKURU ACUKUMBUYE SADC yafashe umwanzuro wo gucyura Ingabo zayo ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

SADC yafashe umwanzuro wo gucyura Ingabo zayo ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Amajyepfo (SADC) bafashe umwanzuro wo gutangira gucyura ingabo zabo zari mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zikazacyurwa mu byiciro.

Uwo mwanzuro wafashwe mu nama idasanzwe yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa 13 Werurwe 2025, iyobowe na Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, akaba ari nawe uyoboye SADC muri iki gihe.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’iyo nama ryagiraga riti: “Inama yarangije ubutumwa bwa SAMIDRC ndetse inafata umwanzuro wo gukura Ingabo za SAMIDRC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu byiciro.”

Muri iyo nama, hari abakuru b’ibihugu na za guverinoma cyangwa ababahagarariye barimo:

Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe (Umuyobozi Mukuru wa SADC)

Umwami Mswati III wa Eswatini

Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar

Perezida João Lourenço wa Angola

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania

Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi

Perezida Hakainde Hichilema wa Zambia

Icyemezo cyo gucyura izi ngabo zoherejwe muri RDC kitezweho kugira ingaruka zikomeye ku mahoro n’umutekano mu Karere k’Afurika yo Hagati.

 

Mukanyandwi Marie Louise

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here