Ibishushanyo by’Intumwa Muhammad ahanini bifatwa nka kirazira mu idini ya Islam, ndetse abayisilamu babifata nk’igitutsi gikomeye.

Iki kibazo gisaba kwigengesera by’umwihariko mu Bufaransa kubera icyemezo cyafashwe n’ikinyamakuru Charlie Hebdo, cyandika inkuru zirimo gutebya, cyatangaje ibishushanyo bya Muhammad.

Mu 2015, ku biro byacyo i Paris, abantu 12 bishwe n’intagondwa z’abahezanguni biyitirira idini ya Islam, nyuma yuko icyo kinyamakuru gitangaje ibyo bishushanyo.

Ubwicanyi bufatiye ku byatangajwe na Charlie Hebdo no gucibwa umutwe kwa Samuel Paty byakoze ku mitima ya benshi muri iki gihugu aho ihame ry’itandukana ry’ubutegetsi bwite bwa leta n’amadini biri mu by’ingenzi mu biranga iki gihugu.

Bijyanye n’iryo hame, rizwi nka laïcité (secularism), leta ntabwo ishobora kujya mu bibazo by’amadini, ku bw’ibyo rero ikaba idakwiye kugenzura ibivugwa igamije kurengera amarangamutima y’itsinda runaka.