Home AMAKURU ACUKUMBUYE Amateka n’ inkomoko y’ umunsi w’ Amashimwe wizihizwa ...

Amateka n’ inkomoko y’ umunsi w’ Amashimwe wizihizwa cyane muri USA

Uyu munsi wamenyekanye nka “thanks giving day”  watangiye kwizihizwa muri iki gihuguku  mugaragaro, kuva mu 1863, ubwo  uwari  perezida w’iki  gihugu  Abraham   Lincoln ,  yashyiragaho umunsi wo  gushimira, ukizihizwa  kuwa  kane,  tariki ya 26  Ugushyingo  mu  1863  mu gihe intambara  (civil war) yari irimbanyije muri iki gihugu.

Uyu munsi,  ukaba  warahise  ushyirwa mu  biruhuko  byemewe  na  leta ndetsen’abaturage  muri  leta  zunze  ubumwe z’Amerika. Uyu mu nsi ukaba ari umwe mu minsi ikomeye yizihizwa muri  iki  gihugu na Noheli( Christmas) ndeste n’umwaka mushya ( New year).  Uyu munsi wogushimira,  Abanyamerika  bakaba bawufata  nk’umunsi  ukomeye  mu mateka y’igihugu  cyabo,  bityo bagahora  babizirikana  ibyiza  Imana yabakoreye.

Thanks giving day, ugenekereje mu Kinyarwanda bivuze umunsi  w’ amashimwe.

Uyu akaba  ari  umunsi  wizihizwa n’abanyamerika  mu rwego  rwogushimira  Imana  ibyiza  yabakoreye.Uyu  munsi  muri  leta  zunze ubumwe z’Amerika  ukaba  ufatwa  nk’umunsi ukomeye,  kuko  ari  n’ikiruhukocyemewe  n’amategeko  mu  gihugu hose.  Uyu munsi wizihizwa buri wa kane wanyuma  w’ukwezi k’Ugushyingo buri mwaka.

Wikipedia ivugako  Uyu munsi kujyaho kwawo , bishingiye mu mateka  n’intambara z’urudaca  zagiye  ziranga  tumwe  mu duce  twa  leta  zunze ubumwe z’Amerika, mu  kinyejana  cya 16. Insinzi  bano  banyamerika bagize,zatumye  bareba  kure,  nuko babonako,gutsinda  Atari  kubwabo,ahubwo  hari  ingabo  ibarwanirira kandi itajya itsindwa,  ariyo Mananyir’ibihe  byose,  inyambaraga  kandi itabara  abayiringira.  Niko guhitamouyu  munsi  ngo  bazajye  bafatanya kwibukiranya  ibyo  Imana yabakoreye,  maze  baturire amashimwe  yabo  isi  yose  nk’uko kuri  uyu  munsi,  abaturage  ba leta zunze  ubumwe  z’Amerika  aho  bari hose  usanga  bawuzirikana.

Nk’uko urubuga rwa interineti wikipedia, rukomeza  rubitangaza, ng’uyu munsi  ugaragariza abanyamerika  ko  Imana iri  mu ruhande rwabo,  ikaba  inakomeje guha  umugisha  ibyo  bakora,  haba umusaruro babona cyangwa ibyo basohora, kubw’ibyo ng’izina ryayo
rikwiriye gushyirwa hejuru, ikaramywa ndetse ikanahimbazwa ubuziraherezo kubw’iterambere n’ubwamamare  idahwema kubagezaho.

Mu kinyejana cya 18, uyu munsi waje kuba uwo  gushimira  Imana kubw’ insinzi,  abasirikare  bari  bagize.  Iyi nsinzi ikaba  yarafashwe nk’umusaruro  ushimishije kuntambara  barimo  barwanan’abongereza. Iki gihe,  niho umujeneral w’umwongereza Burgonye yakomwaga imbere n’abanyamerika ,akemera ko atsindiwe I Saratoga. Uyu munsi w’amashimwe,  nibwo wahise  utangira kwizihizwa  mu Kuboza 1777, bishimira ineshwa ry’uyu mu jeneral.

Ni kenshi uyu munsi wagiyeuhinduranya  amatariki ,  ari  nako wizihizwa  mu  buryo  butandukanye mbere  y’uko  habaho  leta  zunze ubumwe  z’Amerika. Uyu munsi  ukabawaranizihizwaga  muri  Canada  ndetse no  mu  nkengero  zayo.  Iyo ugiyekwitegereza  hirya  no  hino  ku isi, usanga  hari  n’abandi  bantu bagendera  kuri  uyu munsi,maze nabo  bagategura  ibitaramo n’ibiterane  mu rwego  rwo gushimira Imana  Intera  iba imaze  kubagezaho mu  gihe runaka.

 

Bienvenu

 

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here