Home INGO ZITEKANYE Imikoreshereze y’ikoranabuhanga yashimangiwe nk’igisubizso ku babaruramari muri EAC

Imikoreshereze y’ikoranabuhanga yashimangiwe nk’igisubizso ku babaruramari muri EAC

Abakora umwuga w’ibaruramari ry’umwuga basanga kimwe mubyo  uyu mugabane w’Afrika ukeneye ari uguhuza imikoreshereze y’ikoranabuhanga muri uyu mwuga nka kimwe mu byarushaho guteza imbere imikorere iciye  mu mucyo.

Byagarutsweho  ubwo hasozwaga inama nkuru ya kane y’ababaruramari b’umwuga bo mu karere k’Afrika y’iburasirazuba kuri uyu wa gatanu taliki 19 Mata 2024 aho abayasoje bishimira ko ibyo bari biteze muri iyi nama byabashije kwigwaho.

Bavuga ko uyu wabaye umwanya mwiza wo kurebera hamwe uko hakurwaho imbogamizi zikizitiye uyu mwuga  ndetse no guhuza imikorere yabo n’ikoranabuhanga rigezweho .

Karunda Elizabeth umubaruramari w’umwuga muri Kenya avuga ko  ikoreshwa ry’ikoranabuhanga kubabaruramari  wasangaga ryirengagizwa,

Karunda Elizabeth umubaruramari w’umwuga / Kenya

Ati” kimwe mubyo twarebeye hamwe muri iyi nama ari nacyo cy’ingenzi ku babaruramari  ni ibyerekeye ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ibyo usanga rimwe na rimwe twirengagiza cyangwa tukabyegeka ku bandi, ariko twaje gusanga ikoranabuhanga by’umwihariko iry’ubwenge buhahano ari bimwe  mubyadufasha kwagura imikorere yacu ndetse no gukorera mu mucyo binyuze muri serivise dutanga”.

Gahungu Frederick Umubaruramari w’umwuga mu Burundi avuga ko bizabafasha gukomeza guteza umwuga imbere.

Gahungu Frederick umubaruramari w’umwuga/ Burundi

Ati” Mwabibonye ko umwuga wagumye utera imbere hari abagize ibyo batugezaho harimo ibintu bishyashya kuko ikorana buhanga risigaye ryarateye imbere”.

Keto Kayemba umubaruramari w’umwuga ukomoka mu gihugu cya Uganda avuga ko uku guhuza imikoranire bizabafasha gutanga serivise nziza zuje ireme

Kato Kayemba Umubaruramari w’umwuga/Uganda

Ati” Turimo turagerageza kwagura imbaraga zituruka ku guhuza imikoranire yacu muri Afrika mu rwego rwo gutanga serivise z’ububaruramari zuje ireme kandi iryo baruramari naryo rikaba rikozwe mu mucyo kandi ntekereza ko ibyo ari kimwe mubikenewe cyane kuri uyu mugabane rw’Afrika”.

Obadiah Biraro Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Urugaga rw’ababaruramari mu Rwanda avuga ko isoko rusange ry’Afrika  ari kimwe mu byagaragajwe ko ishyirwa mu bikorwa ryayo rizagira imikorere inoze yubakiye kubabaruramari b’umwuga.

Yagize ati” Inama nk’iyi ibyo abirabura bibwira ko ari ibibazo tubereka ko atari ibibazo bitwara igihe ariko twerekana ko iyo bikozwe kinyamwuga ko ibibazo bimwe bigenda byikemura”.

Obadiah Biraro Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi/ ICPAR

Ni ihuriro  ribaye ku nshuro ya kane  ry’ababaruramari  bo mu karere k’Afrika y’iburasirazuba imaze iminsi 3 iteraniye i Kigali yitabiriwe n’ababaruramari ndetse n’abafite aho bahufiye n’uyu mwuga bagera kuri 600 baturutse mu bihugu 19 byo kuri uyu mugabane.

 

MUKANYANDWI Marie Louise

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here