Home AMAKURU ACUKUMBUYE Rwamagana: Abahinzi n’aborozi bagiye guhabwa inguzanyo ku mishinga yabo

Rwamagana: Abahinzi n’aborozi bagiye guhabwa inguzanyo ku mishinga yabo

Abaturage bashishikarijwe gutegura imishinga y’ubuhinzi n’ubworozi, kugira ngo babashe guterwa inkunga, nabo biteze imbere.

CDAT (Commercialization and De-Risking for Agricultural Transformation), umushinga wo guteza imbere ubuhinzi bugamije ubucuruzi no kugabanya ibibubangamira  ni umushinga ugamije kunganira umuturage mu mishinga y’ubuhinzi n’ubworozi bibyara inyungu iganisha umuturage ku bukungu buva mu bucuruzi bw’umusaruro we.

Mu imerero ry’u Rwanda aho rwenze amashyo akaranda u Rwanda rwose izina zigasigara ari indasago ku ibuga rya Muhazi ko u Rwanda ari urw’Amagana hongeye kweza imana ingana Rugarura amashyo!!

Kuri uyu wa mbere mu Karere ka Rwamagana habereye inama ihuje ingeri zose z’abanyarwanda igamije gukangurira abaturage gutegura imishinga ishingiye ku buhinzi n’ubworozi bigana mu iterambere hanyuma CDAT ikabafasha kuyishyira mu bikorwa aho ibafasha kubona inguzanyo igera kuri 50% y’agaciro mbumbe gakenewe muri buri mushinga.

Aha bivuze ko umuturage asabwa uruhare rwe ruto aho intege nke ze zigera akisunga CDAT ikamufasha kugera ku nzozi ze!!

Ernest Uzaribara, Project Manager wa CDAT yasobanuye iby’uyu mushinga avuga ko imbogamizi zose z’abahinzi zizweho kandi zigafatirwa ingamba kuko yavuze ko kubw’ikirere kijya gitenguha abahinzi hari uburyo bagennye bwo kuhira imyaka bityo abahinzi bagahinga bizeye umusaruro.

Ernest Uzaribara, Project Manager, CDAT avuga ko imbogamizi zose z’abagenerwabikorwa zizweho

Mbonyumuvunyi Radja Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana nawe yashimangiye ko ubukungu bw’umuturage ariryo shingiro ry’imbaraga z’igihugu ari nayo mpamvu hagomba gushyirwa imbaraga mu gushaka icyatuma umunyarwanda azamurwa n’imirimo y’amaboko ye yunganirwa mu kubona ibyo akeneye ngo anoze umurimo we, anashishikariza abitabiriye iyo nama kubwira abandi ko ntawe uhejwe kuri ayo mahirwe.

Mr. MBONYUMUVUNYI Radjab
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana avuga ko umuturage agomba guhora ku isonga kuko ariwe mbaraga z’igihugu

Nyirabihogo Jeanne d’Arc, akaba Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Yavuze by’umwihariko ku mahirwe yahawe abategarugori n’abari bazagana umushinga wa CDAT aho bazahabwa inguzanyo igera kuri 70% y’igiciro cy’ibyo umushinga we usaba ngo ushyirwe mu bikorwa anabasaba kutarenza ingohe aya mahirwe ngo bumve ko hari abo bireba batari bo.

Nyirabihogo,abajijwe igiteganyijwe gukorerwa ababa bafite ubushake bwo gukora ariko badafite ubumenyi mu kwikorera imishinga yagize ati:”Muri buri Karere hari ishami rya BDF na ofisi  za BDF nyirizina buri wese yemerewe kuzigana bakamufasha gutegura umushinga yewe no muri za SACCO hari abantu bashinzwe gufasha abantu mu kubakorera imishinga, ariko n’abishoboye bakoresha iyo mishinga ku bantu bazi gukora imishinga”

Kanda hano urebe izindi nkuru zacu mu mashusho 

Ku kijyanye n’abafite ubumuga, avuga ko ba ahubwo bafite umwihariko kurusha abandi aboneraho kubasaba kwitabira iki gikorwa vuba cyane aho yanabwiye  urubyiruko rwa Rwamagana gutegura imishinga hakiri kare kuko aribo bazazamura Rwamagana ikagana aheza kurusha aho iri none.

Nyirabihogo Jeanne d’Arc,
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, asobanura ko abagore n’abafite ubumuga bafite umwihariko muri iyi gahunda

Abaturage bishimiye cyane uyu mushinga CDAT kuko bumvise ko uje kubakiza imbogamizi nyinshi zabazitiraga harimo kubura ubushobozi bw’amafaranga bubafasha mu bikorwa byabo by’ubuhinzi n’ubworozi, aho bavuga ko imbuto n’ifumbire bigeze aho kubyigondera bigoye utagira umuvunyi, byazaho n’ibiza bakazahara ubutazahuka vuba. Bati:” Ubwo tugoborewe ubuvunyi n’ubuvubyi twizeye gutengamara.”

Umwe mu baturage bagaragaje umunezero, kubera uyu mushinga

Uyu mushinga CDAT ukaba ugiye gukorera mu turere twinshi two mu gihugu.

Umwe mu bagore wagaragaje akanyamuneza, yavuze ko aya mahirwe atazabacika

Nshuti Gasasira Honore

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here