UBUMWE.com - Ubumwe kuri bose Blog Ibidukikije Umunsi Mpuzamahanga w’Inzoka: Ntizikunzwe ariko zifitiye akamaro urusobe rw’ibinyabuzima
Ibidukikije

Umunsi Mpuzamahanga w’Inzoka: Ntizikunzwe ariko zifitiye akamaro urusobe rw’ibinyabuzima

Tariki ya 16 Nyakanga ni Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Inzoka. Ni umunsi wo kuzirikana iki gikururanda gitangaje, gifite uruhare rukomeye mu rusobe rw’ibinyabuzima nubwo abantu benshi bakigirira ubwoba cyangwa bakacyanga.

Kuri uwo munsi, mu bihugu bitandukanye hategurwa ibiganiro, ibikorwa by’uburezi n’imurikabumenyi bigamije gufasha abaturage kumenya neza inzoka n’akamaro kazo.

Mu nyamaswa abantu benshi batifuza kubona mu busitani bwabo harimo inzoka. Ibi biterwa n’uko zifite isura mbi ku kiremwa muntu bitewe n’uko zimwe na zimwe zirumana, kandi hari izifite ubumara bushobora no guhitana umuntu.

Ariko si inzoka zose zifite ubumara. Mu bwoko 14 buboneka mu Bufaransa, 4 gusa ni zo zishobora guteza ibyago ku bantu. Byongeye kandi, inzoka ntizirumana kenshi, kuko zisanzwe zitinya abantu kandi zihita zihunga iyo umuntu azegereye.

Inzoka zifite uruhare rukomeye mu kubungabunga ubusugire bw’urusobe rw’ibinyabuzima. Zifasha kugabanya ubwiyongere bw’imbeba n’izindi nyamaswa nto nk’imbeba zo mu gasozi n’udusimba duto, ari na zo zifata nk’ibiryo byazo by’ingenzi.

Uyu Munsi Mpuzamahanga uba buri mwaka ku wa 16 Nyakanga, ugamije kwibutsa abantu aka kamaro no guhindura imyumvire mibi bafite ku nzoka. Ni ngombwa cyane kuko ubwoko bwazo bwose bugenda bugabanuka, bityo bukaba bwarashyizwe mu bwoko bw’inyamaswa zirinzwe.

Kuri uyu munsi hategurwa:

  • Ibiganiro bitangwa n’impuguke,
  • Amahugurwa yo kuri interineti (webinaires),
  • Amahugurwa yigisha abaturage, bitegurwa n’imiryango ibungabunga inyamaswa zo mu gasozi hamwe na pariki zicumbikiye inyamaswa.

Nubwo inzoka ari ingenzi ku bidukikije, zikomeje guhura n’ibibazo bikomeye birimo:

  • kwicwa n’abantu bazitinya,
  • gusenywa kw’aho ziba,
  • n’ubucuruzi butemewe bwazo.

Uyu munsi uba ari umwanya mwiza wo kuzisobanukirwa no gukangurira abantu kuzirinda.

Inkomoko y’uyu munsi

Nta makuru asobanutse neza agaragaza inkomoko y’Umunsi Mpuzamahanga w’Inzoka. Gusa bikekwa ko watangijwe n’abakunda ibikururanda hamwe n’imiryango ibungabunga ibidukikije, hagamijwe gufasha abantu gusobanukirwa neza izi nyamaswa.

Uyu munsi wizihizwa buri mwaka ku ya 16 Nyakanga, ukaba uri mu bikorwa bigari byo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima.

Kuva watangira kwizihizwa, wamamaye cyane kubera ibikorwa by’imiryango yita ku bidukikije, pariki zirimo inyamaswa ndetse n’abashakashatsi. Ufasha gukuraho ibihuha n’imyumvire itari yo ku nzoka, no kugaragaza uruhare rwazo mu bidukikije.

Kuki wizihizwa?

Uyu munsi ugamije:

Kwigisha abaturage akamaro k’inzoka mu rusobe rw’ibinyabuzima no mu ruhererekane rw’ibiribwa.

Kurwanya ibihuha n’ubwoba budafite ishingiro binyuze mu gutanga amakuru ashingiye ku bushakashatsi.

Gushishikariza abantu kurengera ubwoko bw’inzoka buri mu kaga, hibutswa ingaruka zo gusenya aho ziba no kuzicuruza mu buryo butemewe.

Guteza imbere imico yo kubungabunga inyamaswa zo mu gasozi no gushishikariza abantu kubana neza n’izi nyamaswa.

Iby’ingenzi wamenya

Ku isi habarurwa amoko agera ku 3,900 y’inzoka, muri yo hafi 600 ni yo afite ubumara.

Inzoka ziba ahantu hatandukanye cyane, harimo amashyamba y’inzitane, ubutayu, ibishanga n’ahandi hari amazi.

Buri mwaka abantu bari hagati ya miliyoni 1.8 na miliyoni 2.7 barumwa n’inzoka zifite ubumara, cyane cyane muri Afurika, Aziya na Amerika y’Amajyepfo.

Mu bwoko buri mu kaga harimo python réticulé, cobra royal ndetse n’amoko amwe y’inzoka zo mu bwoko bwa vipère, kubera gusenywa kw’aho ziba n’ubucuruzi butemewe.

Inzoka ni abahigi b’imbeba n’izindi nyamaswa nto, bityo zigafasha kugabanya indwara zishobora gukwirakwizwa n’izo nyamaswa no kurinda imyaka yangizwa na zo.

Ibikorwa kuri uyu munsi

Mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Inzoka, hategurwa ibikorwa byinshi hirya no hino ku Isi, birimo:

Ibiganiro n’amahugurwa: Impuguke zisobanura uruhare rw’inzoka kandi zigatanga ibisubizo ku bibazo abaturage bazibazaho.

Imurikabumenyi n’ingendo zo gusura inyamaswa: Pariki n’ibigo bibungabunga inyamaswa biha abantu amahirwe yo kubona inzoka no kuzimenya neza.

Ubukangurambaga: Imiryango itandukanye ikoresha imbuga nkoranyambaga n’ibitangazamakuru mu gukuraho imyumvire mibi abantu bafite ku nzoka.

Ibikorwa byo kuzirengera: Hatangazwa gahunda zigamije kurengera amoko y’inzoka ari mu kaga no kubungabunga aho ziba.

Amahugurwa y’ubutabazi bw’ibanze: Mu bice bikunze kugaragaramo inzoka zirumana, abaturage bahugurwa uko bakwitwara no gutanga ubutabazi bwihuse igihe umuntu arumwe.

Uyu Munsi Mpuzamahanga w’Inzoka, ni amahirwe yo guhindura uko abantu bazitekerezaho, gusobanukirwa akamaro kazo no gushishikariza Isi yose kuzirengera no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.

Titi Léopold

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version