Kajugujugu ya kompanyi yitwa Kilimediair Aviation, yisenuye ku musozi wa Kilimanjaro muri Tanzania, ihitana abantu batanu bose bari bayirimo, barimo abanyamahanga babiri n’umupilote wayo.
Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa gatatu, mu gace kari hagati y’agasongero kitwa Kibo kuri uyu musozi n’ahantu abantu bakambika hitwa Barafu Camp, iyi ni imwe mu nzira zizwi cyane z’abakerarugendo bazamuka uyu musozi usumba iyindi muri Afurika.
Umukuru wa polisi mu karere ka Kilimanjaro, Simon Maigwa, yemeje iby’iyi mpanuka, asobanura ko iyo kajugujugu yari itwaye abantu batanu yari irimo ikora umwitozo wo kuvana abarwayi kuri uyu musozi.
Amakuru y’abategetsi avuga ko mu baguye muri iyi mpanuka harimo David Plos na Anna Plosova bakomoka muri Czech Republic, bari bajyanywe n’iyi kajugujugu gutembera.
Hapfuye kandi Jimmy Daniel (umuganga), Innocent Mbaga uyobora abakerarugendo hamwe n’umupilote w’iyi ndege Costantine Mazonde ukomoka muri Zimbabwe.
Maigwa yatangaje ko iperereza ririmo gukorwa ku cyateye iyi mpanuka, kandi kuri uwo musozi hoherejwe itsinda ry’inzobere ryagiye gukora iperereza.
Agace ka Kibo na Barafu Camp kuri uyu musozi kari ku butumburuke buri hagati ya metero 4,670 na 4,700m, bivuze ko iyi mpanuka yabereye ahantu hagoye cyane ku butabazi.
Iyi mpanuka ya kajugujugu kuri Kilimanjaro yiyongere ku zindi zijya ziba mu misozi miremire, zitewe n’ikirere kibi kandi gishobora guhinduka nabi mu kanya gato, hamwe n’izindi mpamvu zitandukanye.
Titi Léopold
