UBUMWE.com - Ubumwe kuri bose Blog Ubuzima RDC: Abamaze kwandura Ebola bararenga 1500, abasaga 473 yarabahitanye
Ubuzima

RDC: Abamaze kwandura Ebola bararenga 1500, abasaga 473 yarabahitanye

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko kugeza ku wa Gatanu, tariki ya 3 Nyakanga 2026, abantu 1,502 bamaze kwemezwa ko banduye icyorezo cya Ebola, muri bo 473 kikaba kimaze kubahitana, mu gihe ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ivuga ko iki cyorezo kigikomeje guteza impungenge.

Raporo iheruka y’imiterere y’icyorezo yashyizwe ahagaragara n’inzego z’ubuzima muri RDC ku wa Gatanu, igaragaza ko abarwayi 628 bari mu kato cyangwa bavurirwa kwa muganga, mu gihe abantu 229 bamaze gukira. Iyo raporo inavuga ko uwo munsi hagaragaye abantu 213 bakekwaho kuba banduye.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru hifashishijwe ikoranabuhanga, Umuyobozi w’Ishami rya OMS muri Afurika, Mohamed Yakub Janabi, yavuze ko ikibazo kigikomeye kuko Ebola igikomeje gukwirakwira mu ntara zo mu burasirazuba bwa RDC, ari zo Ituri na Kivu y’Amajyaruguru.

Yavuze ko iki ari cyo cyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeye, kurusha ibindi byose byigeze byandikwa.

Impuguke ya OMS ikorera muri RDC, Pierre Akilimali, yavuze ko iki cyorezo cyibasiye uduce turangwamo umutekano muke, ndetse n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro, ibintu bituma bigorana kumenya abanduye no gukurikirana abo bahuye na bo.

Yanagaragaje ko hari uduce two mu Ntara ya Ituri twibasiwe n’iki cyorezo ari ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, aho urujya n’uruza rw’abaturage baturuka hirya no hino rwongera ibyago byo gukwirakwiza virusi.

Ku wa Kane tariki 2 Nyakanga, OMS yatangaje ko muri RDC hatangiye igerageza ry’ivuriro rigamije kwakira abarwayi, kugira ngo hageragerezwe imiti ishobora kuvura Ebola iterwa n’ubwoko bwa Bundibugyo, kuko kugeza ubu nta rukingo rwemewe cyangwa umuti wihariye byemejwe ko bivura ubu bwoko bwa Ebola.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version