UBUMWE.com - Ubumwe kuri bose Blog Amakuru U Bushinwa: Abantu 28 bahitanywe n’inkongi y’umuriro yibasiye uruganda rw’inkweto
Amakuru

U Bushinwa: Abantu 28 bahitanywe n’inkongi y’umuriro yibasiye uruganda rw’inkweto

Nibura abantu 28 bamaze kwitaba Imana nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye uruganda runini rukora inkweto mu Bushinwa kuri uyu wa Kane tariki 9 Nyakanga 2026, nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru bya Leta. Abatabazi barenga 500 bahise boherezwa kuzimya umuriro no gutabara abakozi bari bafatiwe muri izo nyubako zagurumanaga.

Uyu muriro wadutse ahagana saa sita z’amanywa ku ruganda rwa Huiteng ruherereye mu mujyi wa Jinjiang, mu Ntara ya Fujian, mu majyepfo y’uburasirazuba bw’u Bushinwa.

Amashusho yatangajwe na televiziyo ya Leta, CCTV, agaragaza abazimyamuriro batera amazi ku nyubako nini y’amagorofa menshi, mu gihe umwotsi mwinshi wirabura wari ukomeje kuzamuka mu kirere.

Andi mashusho agaragaza abantu benshi bahungiye ku gisenge cy’inyubako, mu gihe umuriro wari ukomeje gukwirakwira. Hari n’umugabo wari uhagaze ku ruhande rw’inyubako wemeye guterwaho amazi n’abatabazi, bigaragara ko yari agamije kwirinda gushya.

Ibiro ntaramakuru by’u Bushinwa, Xinhua, byatangaje ko abantu nibura 28 ari bo bamaze gupfa.

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yavuze ko ababajwe n’iyi mpanuka yahitanye abantu benshi, asaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane abayigizemo uruhare ndetse bakabihanirwa.

Ushinzwe uru ruganda hamwe n’abandi bantu bakekwaho kugira uruhare muri iki kibazo batawe muri yombi, mu gihe konti za sosiyete zahagaritswe by’agateganyo, nk’uko Xinhua yabitangaje.

Ibikoresho byo gukora inkweto byakomye mu nkokora ubutabazi

Umujyi wa Jinjiang uzwi nk’imwe mu nkingi z’inganda zikora inkweto mu Bushinwa, ndetse no ku rwego rw’Isi, cyane cyane iz’imikino, nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru cya Leta Global Times.

Abazimya umuriro bohereje abantu barenga 500 mu bikorwa byo kuzimya umuriro no gutabara.

Umuyobozi w’itsinda ry’abazimya umuriro muri uwo mujyi, Du Zhenzhou, yavuze ko kugera mu magorofa yo hejuru byagoranye cyane, kuko inzira n’aho banyuraga byari byuzuyemo ibirundo by’ibyifashishwa mu gukora inkweto.

Yongeyeho ko uruganda rwari rubitsemo kole nyinshi n’ibindi bikoresho byifashishwa mu gukora inkweto, ibintu byatumye umuriro ukwira vuba kandi ukarushaho gukomera.

Nk’uko CCTV yabitangaje, igihe umuriro wadukaga muri uru ruganda hari harimo abakozi 237 n’abatwara ibicuruzwa babiri. Muri bo, abantu 213 babashije kurokorwa, nubwo imibare yatangajwe itaragaragaza neza uko ihura n’umubare w’abamaze kwitaba Imana.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi yatangaje ko kugeza ku mugoroba, umuriro wari umaze kugabanuka cyane, habura gato ngo uzime burundu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version