Ikigo Irembo cyongereye ubushobozi urubuga rwacyo rwa ‘IremboGov’, hagamijwe gutanga serivisi za Leta abaturage bakeneye no kuborohereza kubona serivisi kandi mu buryo bwihuse.
Cyasobanuye ko mu mezi ari imbere, serivisi zitangirwa kuri IremboGov zizimurirwa ku rubuga rwavuguruwe rwa new.irembo.gov.rw, kandi ko iyimurwa rizakorwa mu byiciro kugira ngo serivisi zikomeze kuboneka nta nkomyi, aho serivisi zitangwa n’ikigo cya Leta runaka zizajya zimurirwa rimwe.
Irembo yijeje abasaba serivisi ko buri uko iyimurwa rizajya rikorwa, izajya imenyesha abakoresha urubuga rwayo ku buryo ntawe uzagorwa no kubona serivisi akeneye.
Mu gihe kwimurira serivisi ku rubuga ruvuguruye bitararangira, Irembo yasobanuye ko imbuga zombi zizaba zikoreshwa mu rwego rwo korohereza abakenera serivisi.
Serivisi zamaze kugezwa ku rubuga rushya ni iz’iposita zijyanye n’agasanduku k’iposita k’ikoranabuhanga (e-P.O Box) zirimo kukandikisha, kukongerera igihe no kukajyanisha n’igihe.
e-P.O Box ni uburyo umuntu ashobora kugira agasanduku k’iposita ariko k’ikoranabuhanga, bitandukanye n’uko agasanzwe kabaga ku biro by’iposita bitandukanye.
Ubu buryo bw’ikoranabuhanga bufasha ababukoresha gukurikirana ibyo bohereje cyangwa batumije hifashishijwe ikoranabuhanga kandi bwizewe kurusha ubusanzwe bwo kujya ku biro by’iposita.
Irembo isobanura ko nk’abatumiza ibintu mu mahanga, ubu buryo bworoshya imikorere ijyanye n’ubwikorezi kuko ubasha gukurikirana ukamenya aho imizigo yawe cyangwa ubutumwa bwawe bigeze.
Ubumwe
Leave feedback about this