Mu Rwanda harimo kubakwa ikigo kizafasha gutegura imbuto z’ibihingwa byongerewe ubushobozi
Mu cyumweru cyahariwe kureba akamaro k’akanyangingo ndangasano (ADN), gakoreshwa cyane mu bantu ndetse no mu bihingwa kugira ngo bivugururwe, hagamijwe kongera ubukangurambaga ku kumenyekanisha ADN, ubusanzwe ifatwa nk’urutirigongo rwa buri kinyabuzima haba ibimera, abantu n’inyamaswa, hatangajwe ko mu Rwanda harimo kubakwa ikigo kibishinzwe. Ibi bizatuma mu mwaka wa 2027 u Rwanda ruzaba rufite ikigo cy’icyitegererezo,
