U Rwanda ntiruzihanganira ko abantu bapfa harengerwa inyungu za bamwe – Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda rutazihanganira na rimwe aho abaturage bapfa kubera inyungu z’abanyenganda, ashimangira ko kurengera ubuzima bw’abantu bigomba gukomeza kuba imwe mu nshingano z’ibanze z’abayobozi b’Igihugu. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Kanama 2026, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru, aho yavuze ko impfu z’abantu zavuzwe
