Abafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe baragabanutse-MINISANTE
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko umubare w’Abanyarwanda bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe wagabanutse, ugereranyije n’imyaka itanu ishize. Byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE Dr. Yvan Butera, ubwo yerekaga Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, ishusho y’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe mu Banyarwanda, aho yagaragaje ko ibyo bibazo byavuye kuri 20,5% mu 2018
