Basanga ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe gikwiye kwitabwaho byihariye
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), Dr Butera Yvan, yagaragaje ko ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe gikwiriye kwitabwaho, kuko mu Rwanda umuntu umwe kuri batanu yahuye n’ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe nibura inshuro imwe. Dr Butera avuga ko hakwiye ubufatanye mu nzego zose mu kwita ku bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe. Ati “Ubushakshatsi
