Dore imishinga yitezweho kugabanya ikibazo cy’ibura ry’amazi
Hirya no hino mu gihugu cyane cyane mu Mujyi wa Kigali, haravugwa ikibazo gikomeye cy’amazi, aho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), cyashyizeho gahunda y’isaranganya ry’amazi ariko ikaba idakurikizwa, abaturage bagakomeza gutaka. Ubwo Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, yagezaga Raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta y’umwaka w’ingengo y’imari warangiye ku wa 30
