Afurika irasabwa gukorera hamwe kugira ngo yizamure-Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko Afurika ifite ibintu byinshi yakora kugira ngo yizamure idategereje abava ahandi, ariko ngo bisaba ko Abanyafurika bakorera hamwe kugira ngo bigerweho. Yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 14 Gicurasi 2026, ubwo yabazwaga byinshi ku iterambere rya Afurika, akaba yari mu kiganiro cyatangije inama ya Africa CEO Forum ibera
