Ikipe ya Rayon Sports yakomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup 2026-2027, nyuma yo kunganyiriza 0-0 na Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroon kuri Stade Amahoro i Kigali, muri rusange biba igitego 1-1, bituma Rayon Sports ikomeza urugendo naho urwa Panthère Sportive du Ndé rurangirira aho.
Uyu mukino wabaye ku wa Gatandatu tariki 12 Nzeri 2026, wari urimo guhangana cyane kuko buri kipe yifuzaga gukomeza, iki gihunga cyatumye habaho guhusha ibitego kwa hato na hato ku mpande zombi, aho kuri Rayon Sports abakinnyi nka Iradukunda Elie Tatou bagerageje gukora ibishoboka byose ariko gutsinda bikanga.
Ikipe ya Panthère Sportive du Ndé na yo yakinnye umukino mwiza, aho bahererekanyaga umupira bya gihanga, bakanategura neza uburyo bwo gutsinda ibitego ariko byanga kujyamo, ari na byo byatumye igice cya mbere kirangira nta kipe irebye mu izamu ry’indi (0-0).
Mu gice cya kabiri, Rayon Sports yakoze impinduka zitandukanye, nk’aho Tony Kitoga yasimbuye Atisso Kodjo naho Iradukunda Elie Tatou asimburwa na Muhoza Daniel.

Impinduka zakozwe ku mpande zombi ntabwo zagize icyo zitanga, iminota 90 yose y’umukino ndetse n’iy’inyongera yarangiye ari 0-0.
Mu ijonjora rya kabiri, Rayon Sports izakina na Black Bulls yo muri Mozambique, iyo yo ikaba yarasezereye Atomic Ngome yo muri Comoros ku giteranyo cy’igitego 1-0.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje nyuma ya APR FC na yo yari yaraye itsinze Les Aigles du Congo yo muri RD Congo ibitego 3-0, bituma ikomeza mu ijonjora rya kabiri muri CAF Champions League, aho izahura na Zamalek yo mu Misiri.
Zamalek na APR FC zimaze guhura inshuro enye (4), muri izo nshuro Zamalek yatsinzemo imikino ibiri (2), APR FC itsinda umwe, zinganya umwe.
