Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo gukorera muri iki gihugu kubera inkuru baherutse gukora, ishinja ubutegetsi gufasha umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya Leta ya Sudani, ibitakiriwe neza n’ubuyobozi bw’iki gihugu.
Iki kinyamakuru giherutse gutangaza inkuru y’amashusho n’amafoto, igaragaza ikigo cya gisirikare kiri mu Ntara ya Benishangul-Gumuz muri Ethiopia, bivugwa ko cyubatswe kigahabwa abarwanyi ba RSF, umutwe urwanya ubutegetsi bwa Leta ya Sudani ngo abasirikare bawo bagikoreremo imyitozo, uyu mutwe ukaba ukuriwe na Gen Hamdan Dagalo.
Iy’iki kigo cy’imyitozo byatangiye gushyirwa mu majwi mu mpera z’umwaka ushize, gusa Guverinoma ya Ethiopia yarabyamaganye, Reuters ikavuga ko ifite amakuru y’uko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ari zo zatanze amafaranga yo kubaka iki kigo.
Umuvugizi wa Reuters yatangaje ko ibi biro ntaramakuru biri gukurikirana iki kibazo, kandi ko bizakomeza gutara inkuru zo muri Ethiopia mu buryo bwigenga, butabogamye kandi bwizewe hashingiwe ku mahame bigenderaho.
Abo banyamakuru birukanwe kandi bari barahawe uruhushya rwo gukurikirana Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) irimo kubera i Addis, icyakora urwo ruhushya na rwo bakaba babwambuwe.

Leave feedback about this