Ikipe ya RSSB-Tigers yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2026, yegukanye iir rushanwa nyafurika rya Basketball, nyuma yo gutsinda Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90 kuri 88.
Mu mukino witabiriwe n’abarimo perezida wa repubulika Paul Kagame, ikipe ya RSSB-Tigers yari ihagarariye u Rwanda, yegukanye BAL nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma ikipe ya Petro du Lunda yo muri Angola amanota 90 kuri 88.
Iyi kipe yari yitabiriye iri rushanwa ku nshuro ya mbere, yanditse amateka yo guhita itwara aigikombe, cyane ko nta kipe yo munsi y’ubutayu bwa Sahara yari yarabashije kwegukana iri rushanwa kuva ryatangira gukinwa muri 2021.
Mu gace ka mbere k’umukino RSSB-Tigers ntiyitwaye neza kuko atsinzwe amanota 27 kuri 16, gusa mu ka kabiri yaje kwihagararaho maze ikina neza, ikegukana ku manota 26 ku 10 ya Petro de Luanda, bityo amakipe yombi ajya kuruhuka RSSB Tigers iri imbere n’igiteranyo cy’amanota 42 kuri 37 ya Petro de Luanda.

Mu gace ka gatatu k’umukino, ikipe ya Petro Du Luanda yongeye kukayobora, inagatsinda ku manota 22 kuri 19 ya RSSB.
Agace ka kane k’umukino ari na ko ka nyuma, karangiye amakipe yombi anganya amanota 29 kuri 29, bituma ikipe ya RSSB-Tigers yegukana igikombe ku giteranyo cy’amanota 90 kuri 88 ya Petro de Luanda.
Ni umukino wari witabiriwe cyane kuko BK Arena yari yakubise iruzura, ndetse wanarebwe na Perezida Paul Kagame n’abandi baybozi, nuko ikipe ya RSSB Tigers ihesha ishema u Rwanda ityo.
