Abakuru b’ibihugu bitandukanye bya Africa y’Iburasirazuba, EAC, n’ahandi bifurije intsinzi Perezida Samia Suluhu Hassan, uherutse gutsinda amatora muri Tanzania, aya matora yaranzwemo imvururu, aho ishyaka CHADEMA rivuga ko zaguyemo abantu 700.
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, William Ruto wa Kenya, Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Yoweri Museveni wa Uganda, na Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud, bari mu bashimiye Samia Suluhu Hassan, bamwizeza imikoranire ihamye hagati y’igihugu cye n’ibyabo.
Abandi barimo Perezida wa Zimbabwe, Dr Emmerson Dambudzo Mnangagwa n’uwa Zambia, Hakainde Hichilema n’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe.
Ku wa Gatandatu tariki ya 01 Ugushyingo 2025, Komisiyo y’Amatora muri Tanzania yatangaje ko Samia Suluhu Hassan ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu aho yagize amajwi 98%.

Aya matora yateje imvururu, Umuryango w’Abibumbye uvuga ko zaguyemo abantu 10, andi makuru akavuga ko abapfuye bagera kuri 700.
Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanditse ko Perezida Tshisekedi ari i Doha muri Qatar, yahamagaye Perezida Samia Suluhu Hassan akamwifuriza intsinzi n’umubano urambye hagati y’abaturage ba Tanzania na Congo.
Titi Léopold

Leave feedback about this