September 15, 2025
Kigali City - Rwanda
Amakuru

Abajyanama b’Imibereho Myiza n’Iterambere bahawe telefone zizabafasha kunoza imikorere

Ku bufatanye n’Ikigo cy’Abongereza gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (FCDO), Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze (LODA), cyashyikirije telefone zikoranye ikoranabuhanga rigezweho (Smart Phones), icyiciro cya mbere cy’Abajyanama b’Imibereho Myiza n’Iterambere (Para Social Workers – PSWs). Izi telefone zizajya zifashishwa mu kunoza imikorere yabo ya buri munsi, cyane cyane mu gukurikirana, gutanga raporo no

Read More
Amakuru

Abaminisitiri babiri n’Abanyamabanga ba Leta babiri bashya mu bagize Guverinoma

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho Guverinoma nshya, mu bayigize hakaba harimo Abaminisitiri babiri bashya ndetse n’Abanyamabanga ba Leta babiri na bo bashya. Abashya binjiye muri Guverinoma harimo Dominique Habimana wagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ndetse na Dr. Bernadette Arakwiye, wagizwe Minisitiri w’Ibidukikije. Abandi ni Jean de Dieu Uwihanganye wagizwe Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ibikorwa Remezo, naho

Read More
Amakuru

RDB yafunze Hotel Château Le Marara by’agateganyo

Ku wa 21 Nyakanga 2025, Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rwatangaje ko rwafunze by’agateganyo Hotel Château Le Marara iherereye mu Karere ka Karongi, Intara y’Iburengerazuba, nyuma yo kuyisanga ikora binyuranyije n’amategeko agenga urwego rw’ubukerarugendo mu Rwanda. Iyi hoteli yubatse ku Kivu, yamenyekanye mu Kwakira umwaka ushize ba mukerarugendo basura ako gace, yafatiwe iki cyemezo

Read More
Amakuru

Mwitende uzwi nka ‘Burikantu’ yatawe muri yombi

Mwitende Abdoulkarim wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka ‘Burikantu’ yatawe muri yombi, azira gufungirana mu nzu abakobwa bari bagiye kumureba iwe mu rugo aho atuye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kinyinya, Akagari ka Murama mu Mudugudu wa Binunga. Abo bakobwa ngo bari bagiye kumureba tariki 20 Nyakanga 2025 kugira ngo abafashe kujya bakora ibiganiro bitambuka

Read More
Amakuru

Gaza: Abantu 51 bari bategereje imfashanyo baguye mu gitero

Nibura abantu 54 baguye mu gitero cy’ingabo za Israel muri Gaza, muri bo 51 bakaba bari bategereje guhabwa imfashanyo y’ibyo kurya, cyane ko intambara hagati ya Israel na Palestine abo itahitanye yabasize iheruheru kandi na n’ubu igikomeje. Icyo gitero cyagabwe ahatangirwa imfashanyo hafi ya Khan Younis na Rafah mu Majyepfo ya Gaza, nk’uko inzego z’ubuyobozi

Read More
Amakuru

I Roma hagiye guteranira inama ivuga ku gusana Ukraine

Kuva kuri uyu wa Kane tariki 10 kugeza ku ya 11 Nyakanga 2025, i Roma mu Butaliyani harateranira inama ikomeye ivuga ku gusana Ukraine, igihugu kimaze imyaka itatu n’igice kiri mu ntambara, aho gihora gisukwaho ibisasu n’igisirikare cy’u Burusiya. Ni inama yitabirwa n’abayobozi bo mu rwego rwo hejuru 15 ndetse n’abandi batandukanye bagera ku 5,000

Read More
Amakuru

Texas: Abagera kuri 50 ni bo bamaze guhitanwa n’imyuzure

Imibare igaragaza ko abamenyekanye bishwe n’imyuzure i Texas mu majyepfo ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, bamaze kugera muri 50, nk’uko byatangajwe na AFP. Ubutabazi burakomeje muri ako gace, ngo barebe ko bagira abo babona mu bana basaga 30 baburiwe irengero muri iyo mpanuka yatewe n’imvura nyinshi yaguye ku wa Gatanu tariki 4 Nyakanga 2025,

Read More
Economy

Musanze: Abakorera mu isoko rya Kariyeri barataka igihombo baterwa n’abagicururiza muri gare

Bamwe mu bacuruzi b’imbuto n’imboga bakorera mu isoko rishya rya Kariyeri, riherereye mu Murenge wa Muhoza, bavuga ko bamaze igihe kinini bahura n’igihombo, bitewe n’uko isoko rishaje rya Gare na ryo rikomeje gukoreshwa, nyamara barijejwe ko rizafungwa, bose bagahurira ahantu hamwe. Mukantwari Alice, umwe mu bacuruzi bo muri iri soko, avuga ko kuva batangiye kuhakorera

Read More
Amakuru

Indege y’igisirikare cya Uganda yakoreye impanuka muri Somalia

Indege ya Kajugujugu y’igisirikare cya Uganda, yakoreye impanuka ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Aden Adde kiri mu Mujyi wa Mogadishu muri Somalia, iyo ndege ikaba yari irimo abantu umunani, gusa nta makuru ku buzima bwabo aramenyekana. Umuyobozi w’Urwego rwa Somalia rushinzwe indege za gisivili, Ahmed Maalim, yavuze ko iyi ndege yaguye mu gice cyahariwe indege

Read More
Amakuru

Abanyeshuri basaga ibihumbi 220 batangiye ibizamini bisoza amashuri abanza

Ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ku rwego rw’Igihugu byatangirijwe ku Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Filippo Smaldone, mu Karere ka Nyarugenge, igikorwa cyayobowe na Minisitiri w’Uburezi, Dr Joseph Nsengimana, hakaba hari kandi Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi mu Mashuri, NESA, Dr. Bahati Bernard n’abandi batandukanye. Ibizamini byatangijwe kuri uyu wa 30 Kamena 2025,

Read More