Tadej Pogacar yegukanye stage ya 25 muri Tour de France, yongera gushimangira ko ari mu isiganwa neza.
Bitandukanye n’aho ubundi ikipe ye yabaga yamukoreye akajya gutsinda, Pogacar ufite ibihe bihagije, yaretse abamukurikiye bashaka kwikiranura abaca mu rihumye.
Nyuma yo gufata abanyuma batorotse igikundi (breakaway) barimo Carapaz, intoranwa za Top 5 ni zo zisanze imbere.
No 2 Jonas Vingegaard yafashe icyemezo cyo kubakurura kuko yashakaga kongera ibihe ku bamukurikiye, Remco ahita akuraho byatumye amusiga amasegonda 4.
Ibi Pogacar yabirebaga yiturije, maze habura Km 2,5 z’umusozi na Km 5 zo gutambika bagana ku murongo, abona umuhungu we Del Toro ari kugorwa no gucomeka.
Pogacar yahagurutse abura umucomeka, Vingegaard ahitamo kugenda ingendo ye, abanza kugenda wenyine ahindukiye abona Paul Seixas w’imyaka 19 aje nk’iya Gatera.
Pogacar yegukanye stage aho yayitwariye mu 2023, akurikirwa na Del Toro, Seixas na Vingegaard.
Ku rutonde rusange, Pogacar yongeyemo hafi umunota, ubu arasiga Vinge 4’30 uyu na we yongera amasegonda 4 kuri Remco.
Seixas yambaye umwenda w’umweru w’umukinnyi mwiza uri munsi y’imyaka 21, aba umukinnyi ukiri muto mu mateka ya Tour de France wambaye jersey itangwa muri iri siganwa rihebuje ayandi gukundwa. Uyu ni ahazaza.
Nk’uko Pogacar yari yabivuze, Pidcock koko yari yakoze ikosa ryo kwitiranya za stages, yatakaje imyanya 5 ava ku wa 4 ajya ku wa 9.
Kuri iki Cyumweru inkuba zirakubita ntuze gucikwa, kuko barasoreza kuri Hors Categorie.
Titi Léopold
