Ntitubwiriza ubutumwa bwiza gusa, tugira n’ibikorwa byo gufasha – Abahamya ba Yehova
Buri tariki ya 3 Ukuboza, ibihugu byinshi ku Isi byizihiza umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga, watangijwe n’Umuryango w’Abibumbye mu mwaka wa 1992, kugira ngo ufashe abantu gusobanukirwa ibibazo biterwa n’ubumuga. Umurimo wo ku Isi hose wo kwigisha ukorwa n’Abahamya ba Yehova, utuma abantu bafite ubumuga babona ubufasha bakeneye. Dukurikije uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku
