July 1, 2025
Kigali City - Rwanda
Amakuru

Abanyeshuri basaga ibihumbi 220 batangiye ibizamini bisoza amashuri abanza

Ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ku rwego rw’Igihugu byatangirijwe ku Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Filippo Smaldone, mu Karere ka Nyarugenge, igikorwa cyayobowe na Minisitiri w’Uburezi, Dr Joseph Nsengimana, hakaba hari kandi Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi mu Mashuri, NESA, Dr. Bahati Bernard n’abandi batandukanye. Ibizamini byatangijwe kuri uyu wa 30 Kamena 2025,

Read More
Amakuru

Dore ibyo ukwiriye kwirinda kuganiraho n’abo mukorana

Birazwi ko umwanya munini cyane umuntu awumara ari mu kazi, kandi mu buryo bumwe bwo gutuma uramba muri ako kazi ni ukugirana ubusabane bwiza n’abo mukorana. N’ubwo wenda ikintu kiba kibahuje mwese aba ari akazi gusa, ariko kandi biba ngombwa ko ugira umuntu umwe cyangwa bangahe wazajya ubitsa amwe mu mabanga wumva utabwira buri muntu.

Read More
Amakuru

Gicumbi:  Bahawe ubumenyi ku micungire y’imari buzabafasha guhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Ibigo by’imari, inzego za Leta n’imiryango itari iya Leta byasabwe gushyira imbere gahunda zo kongerera abaturage bo mu byaro ubumenyi ku bijyanye n’imari, kugira ngo barusheho kugira ubudahangarwa ku ngaruka z’imihindagurikire y’ibihe no kwihaza mu bukungu. Ibi byagarutsweho ku wa Gatatu tariki 26 Kamena 2025, ubwo abaturage 600 bo mu Karere ka Gicumbi basozaga amasomo

Read More
Amakuru

Kenya: Abantu babiri baguye mu myigaragambyo, 400 barakomereka

Imyigaragambyo ikaze yadutse muri Kenya, ku wa Gatatu tariki 25 Kamena 2025 yaguyemo abantu babiri naho abandi 400 barakomereka, barimo 83 barembye cyane, nk’uko byatangajwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu. Ni imyigaragambyo yiganjemo urubyiruko aho ruhanganye n’inzego z’umutekano, ikaba igaruye isura y’iyabaye mu mwaka ushize wa 2024 nko mu rwego rwo kwibuka ibyabaye icyo gihe,

Read More
Amakuru

Bahamya ko ubumenyi bakuye muri Kaminuza ya Gitwe buzabafasha ku isoko ry’umurimo

Abanyeshuri barangije muri Kaminuza ya Gitwe ku nshuro ya Kabiri, bavuga ko ubumenyi bahawe buzabafasha kwitwara neza ku isoko ry’umurimo, kuko biteguye kubukoresha batanga umusanzu wabo mu kubaka Igihugu. Etienne wize Uburezi yagize ati “Nari umwarimu, ariko nyuma numva nkeneye kongera amashuri n’ubumenyi kugira ngo mbone uko nkora umurimo w’uburezi neza. Naje kwiga baza kuhafunga

Read More
Amakuru

Israel yagabye igitero kuri Iran mu gihe havugwaga agahenge

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Katz Israel, yavuze ko yategetse igisirikare cy’igihugu cye kongera gutera Iran, nyuma yo kuyishinja kutubahiriza agahenge kashyizweho, nk’uko byari byasabwe na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Minisitiri Katz yavuze kandi ko Iran yarashe ibibasu bya missiles muri Israel, mu gihe impande zombi zari zemeranyijwe guhagarika imirwano, nk’uko

Read More
Amakuru

Innovate4DigiJobs: Urubyiruko rugiye gufashwa kubona akazi binyuze mu ikoranabuhanga

Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya (MINICT), ku bufatanye n’Ikigo Rwanda ICT Chamber, Luxembourg AID and Development ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mirimo (ILO), yatangije umushinga ‘Innovate4DigiJobs 2025’, ugamije gufasha urubyiruko kugira ubumenyi mu ikoranabuhanga, bujyanye n’isoko ry’umurimo no guteza imbere akazi kuri bose. Ineza Aulolie, ushinzwe uyu mushinga ku

Read More
Economy

Mu mwaka w’ihinga 2024A na 2024B abahinzi barenga Miliyoni bungutse Miliyari 165Frw

Mu nama y’Igihugu yateguwe na ‘One Acre Fund Rwanda’ yabaye ku wa Kane  tariki 19 Kamena 2025, yahuje abafatanyabikorwa bakomeye mu rwego rw’ubuhinzi barimo Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), imiryango mpuzamahanga, abikorera ndetse n’abahinzi ubwabo, bagarutse ku nyungu abahnzi bagize. Umuryango One Acre Fund Rwanda watangaje ko mu mwaka w’ihinga

Read More
Economy

Hatangijwe ikoranabuhanga ryo kuvoma amazi ubanje kwishyura

Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi  isuku n’isukura (WASAC group), cyatangije  ikoranabuhanga ryo kuvoma amazi wishyuye nk’uko bikorwa ku miriro w’amashanyarazi, kigaragaza ko iri koranabuhanga rigiye kugezwa no ku mavomero yo mu ngo. Ni uburyo bushya bwo gukoza agakarita kuri mubazi y’ikoranabuhanga, maze ukavoma amazi ahwanye n’amafaranga yavuye kuri ako gakarita nubwo ucunga ivomo yaba adahari. Ubu

Read More
Amakuru

Ba Ofisiye basoje amasomo basabwe kuyifashisha bongera umutekano

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yasabye ba Ofisiye bakuru basoje amasomo mu ishuri rikuru rya Gisirikare (Rwanda Defence Force Command and Staff College), kwifashisha ubumenyi bahawe mu bizamura iterambere ry’umutekano w’ibihugu bakomokamo. Yabibabwiriye mu gikorwa cyo gusoza amasomo ya Gisirikare (Senior Command and Staff Course) icyiciro cya 13, i Nyakinama mu Karere ka Musanze ku

Read More