June 7, 2025
Kigali City - Rwanda
Economy

Gicumbi: Ibiti bivangwa n’imyaka byatumye ubutaka budatwarwa n’isuri

Gutera ibiti bivangwa n’imyaka, ni gahunda igamije gufasha abaturage kurinda ubutaka bwabo, kurwanya isuri, kurengera ibidukikije, kurinda ikirere, kwirinda ibura ry’imvura, kugira uruhare mu kubona umwuka mwiza no kurwanya ibiza. Abaturage bo mu Murenge wa Cyumba mu Kagari ka Nyaruka mu Karere ka Gicumbi bafashijwe n’umushinga ‘Green Gicumbi’, mu kubaha ingemwe z’ibiti zivangwa n’imyaka, bavuga

Read More
Amakuru Ingo Zitekanye

Inkoni ivuna igufa ntivura ingeso: Dore ingaruka mbi zo gukubita umwana

Uyu mugani nyarwanda werekana ko iyo umwana yakosheje hari uburyo butandukanye bwo kumuhana, atari ukumukubita gusa. Mu miryango myinshi cyane cyane muri Afurika tumenyereye ko iyo umwana yakosheje akubitwa, mu rwego rwo kumuhana ngo atazongera iryo kosa ukundi. Ndetse no ku mashuri mu bihugu bimwe na bimwe usanga hakiri ikibazo cyo gukosora abana bakoresheje inkoni,

Read More
Amakuru Ubuzima

Dore akamaro k’umunyu wa Gikukuru

Umunyu gakondo uzwi nka Gikukuru ni ubwoko bw’umunyu w’amabuye karemano (natural rock salt) ukoreshwa cyane mu Rwanda, uzwiho kuba urimo intungamubiri nyinshi ugereranyije n’umunyu usanzwe. Uyu munyu ugaragara mu ibara ry’umukara, umuhondo, umutuku cyangwa ubururu, bitewe n’aho wavuye n’imyunyu iwugize. Ibikubiye muri Gikukuru: Harimo Sodium na Chloride (nk’umunyu usanzwe), hakabamo Calcium, Potasiyumu, Magnesium, Umuringa, Zinc,

Read More
Amakuru

Ngororero:  Isoko ry’amatungo rya Kabaya bubakiwe na PRISM ryaciye akajagari

Abakorera ubucuruzi bw’amatungo magufi mu isoko rya Kabaya mu Karere ka Ngororero, bavuga ko nyuma yo kubakirwa isoko ubu biboroheye, kuko babona  aho  bacururiza amatungo yabo abayakeneye na bo bakabona aho bayagurira hatunganye. Aba baturage barabivuga kuko ngo mbere aho baremeraga isoko hari kure y’aho batuye bikabagora kugerayo, ndetse ubundi amatungo agacururizwa mu nzira urigurisha

Read More
Amakuru Ubuzima

RSSB yashyizeho urubuga rushya rworohereza abishyura imisanzu y’abakozi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, rwamuritse urubuga rushya rwa ‘Ishema’, ruzunganira abakoresha mu  kwishyura imisanzu y’abakozi babo ya buri kwezi  ku gihe, bitabasabye kujya  kuri RSSB cyangwa ahandi byajyaga bikorerwa. Urubuga Ishema rwamuritswe ku wa Kane tariki 22 Gicurasi 2025, rwatangiye gukorwa mu mwaka ushize wa 2024, rukaba rurimo  gukoreshwa n’abakoresha ibihumbi 11, mu

Read More
Amakuru Politiki

Inyungu u Rwanda rwakura mu kwimurirwa i Kigali kw’ibiro bya LONI

Muri iyi minsi hari kuvugwa ko biro by’Umuryango w’Abibumbye biri Nairobi muri Kenya bishobora kwimurirwa i Kigali kubera impamvu zitandukanye zagiye zitangwa n’abasesenguzi hirya no hino (kanda hano usome ibirambuye kuri izi mpamvu). Ibi byatumye twibaza icyo u Rwanda ruzungukiramo nk’igihugu kizaba gicumbikiye umuryango uhuje ibihugu byose byo mu isi nzima, dore ko aricyo cyicaro

Read More
Amakuru Politiki

LONU mu nzira zo kwimura ibiro byayo byari Nairobi bikaza i Kigali

Umuryango w’Abibumbye (LONU) uri mu myiteguro yo kwimura icyicaro cyawo gikuru ku mugabane wa Afurika kikava i Nairobi muri Kenya kikajyanwa i Kigali mu Rwanda, nyuma y’iperereza rikomeye ryakozwe ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ryashyikirijwe Inama ishinzwe iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa Muntu ya LONU i Genève mu Busuwisi. Amakuru dukesha Ikinyamakuru Taarifa, avuga ko iryo yimuka

Read More
Amakuru

Abakobwa bakanguriwe kwiga TVET kuko atari amashuri y’abahungu gusa

Binyuze muri gahunda yo gushimangira uburezi budaheza, Abasalesiyani ba Don Bosco bateguye ubukangurambaga bwabaye ku wa Gatandatu tariki 17 Gicurasi 2025, bufite insangamatsiko igira iti “Mpagarariye uburezi budaheza” . Ni ubukangurambaga bwahuje abanyeshuri, abayobozi n’inzego z’ibanze baganira ku buringanire n’ubwuzuzanye, ndetse no kongerera ubushobozi abagenerwabikorwa mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TVET), binyuze mu mushinga ushyigikiwe na

Read More
Economy Ingo Zitekanye

Burera: Kwegerezwa ibiribwa by’amatungo byabagabanyirije urugendo

Itsinda rya Twitezimbere rigizwe n’aborozi 30 rikorera mu Karere ka Burera, Umurenge wa Gahunga mu Kagali ka Gisizi nyuma yo kubona ko bagowe no kubona ibiryo bagaburira amatungo bahisemo kubyicururiza , bakavuga ko bibafasha mu bworozi bwabo bitabahenze kandi byanagabanije ingendo aborozi bakoraga bajya ku bishaka. Bavuga ko babikoze nyuma yo guhabwa amahugurwa n’umushinga PRISM

Read More
Amakuru Ibidukikije

Imihindagurikire y’ibihe irimo guteza ibibazo bikomeye mu bihugu by’Afurika

Ibihe bidasanzwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere bigira ingaruka mu nzego zitandukanye, cyane cyane urwego rw’iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza muri Afurika. Ikindi kandi byongera inzara, umutekano muke n’impunzi, nk’uko byatangajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mihindagurikire y’ikirere (OMM) mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa mbere. Urugero, muri Sudani y’Epfo, imyuzure ikomeye yibasiye icyo gihugu mu mezi ashize

Read More