September 15, 2025
Kigali City - Rwanda
Economy

EXPO 2025: Udushya dukomeje kwiyongera

ExpoRwanda 2025 ibaye ku nshuro ya 28, ikaba yazanye udushya tudasanzwe, aho usanga inganda n’abanyabukorikori, ndetse n’ibihugu byitabira byose byariyongereye, kimwe n’udushya. Mu nganda zitabiriye harimo urukora ibyitwa ‘WPC wall panel’ byenda kumera nka languettes, izi tuzi zikora ‘plafond’ z’inzu, ariko noneho zo zikora ku nkuta ndetse na plafond, ariko zikaba zifite umwihariko wo kuba

Read More
Ubuzima

Abantu bafite ubumuga bw’uruhu mu bibasirwa na kanseri y’uruhu

Abantu bafite ubumuga bw’uruhu bavuga ko akenshi izuba  rikunze  kubagiraho ingaruka zikomeye, rimwe na rimwe bigatuma bagira ibisebe ku ruhu bidakira, bikaba byatuma kanseri y’uruhu ibabasha. Valentine ni umubyeyi ufite ubumuga bw’uruhu, avuga ko imirasire y’izuba ari kimwe mu bishobora kugira uruhare mu kuba barwara kenseri y’uruhu. Ati “Akenshi tugira ibisebe ku ruhu bidakira kubera

Read More
Ubuzima

Gushyigikira umubyeyi akonsa neza byafasha kurandura igwingira mu bana

Konsa neza bikorwa umwana akivuka mu isahaha ya mbere umubyeyi amushyize ku ibere akonka umuhondo, kandi agakomeza kumwonsa nta kindi amuvangiyemo kugera ku  mezi 6 ya mbere kuko ayo mashereka aba anakungahaye ku mazi amumara inyota, uko umwana amara umwanya ku ibere ya mashereka agenda akomera akungahara ku ntungamubiri. Ibi byagarutsweho mu gihe hagiye gutangizwa

Read More
Amakuru

Imishinga ya ‘Pro-Poor Development Basket Fund’ yahinduriye imibereho ab’i Gatsibo

Ku bufatanye na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’Iterambere mu nzego z’ibanze (LODA) n’abafatanyabikorwa mu iterambere (Development Partners), ku wa gatatu tariki 30 Nyakanga 2025, basuye imishinga yashyizwe mu bikorwa binyuze mu Kigega kigamije gushyigikira uturere tw’icyaro kuzamura imibereho myiza y’abaturage (Pro-Poor Development Basket Fund). Ikigega Pro-Poor Development Basket Fund, cyatewe inkunga

Read More
Amakuru

Amateka y’Umuganura

Buri wa gatanu wa mbere wa Kanama (ukwezi kwa munani mu mezi ya kinyarwanda), mu Rwanda hizihizwa umunsi w’Umuganura, aho Abanyarwanda basangira ibiryo gakondo birimo amateke, imyumbati, rukacarara (umutsima w’amasaka), ndetse bakanasangira ibinyobwa gakondo birimo urwagwa n’ikigajye, bagasabana bigatinda. Abakuze bavuga ko kwizihiza Umuganura ari ugusigasira umurage w’u Rwanda, bitewe nuko ukubiyemo indangagaciro z’umuco nyarwanda.

Read More
Ubuzima

Afurika yiyemeje kongera imbaraga mu bushakashatsi ku miti

Abahanga mu by’ubuzima bo ku mugabane w’Afurika basanga kongera imbaraga mu ubushakashatsi bukorwa ku miti itangwa mu bantu ari ngombwa, kugira ngo hizerwe neza ubuziranenge bwayo. Ni ibyagarutsweho ku wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025 ubwo hatangizwaga umushinga ugamije gukora igerageza ku miti, mbere yuko itangira gukoreshwa. Umushinga TRACE wamuritswe ku mugaragaro, wahuje abahanga mu

Read More
Economy

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwasobanuye aho bugeze mu iterambere

Ni mu kiganiro n’itangazamakuru ubwo ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwasobanuraga aho bugeze mu iterambere, ndetse no kwesa imihigo, na cyane ko izina ry’ubutore ry’ako karere ari ABESAMIHIGO. Mu bibazo bitandukanye babajijwe n’itangazamakuru, abayobozi b’akarere bagaragaje ishusho yako, haba mu bukungu, imibereho myiza ndetse n’iterambere, dore ko Kamonyi iri mu turere tugenda duturwa cyane kubera kuba

Read More
Ibidukikije

Icyicaro cy’Umuryango wita ku bidukikije muri EAC kigiye kwimurirwa mu Rwanda

Federasiyo yita ku bidukikije muri Afurica y’Iburasirazuba (East Africa Green Federation), mu nama yayo yabaye ku wa 26 Nyakanga 2025 ikakirwa n’ishyaka riharanira Demokarasi no kubungabunga ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), yemeje ko ikicaro cyawo cyari kiri muri Uganda cyakwimukira mu Rwanda, nk’uko byemejwe n’abari bahagarariye uwo muryango baturutse mu bihugu binyamuryango

Read More
Imikino

Bidasubirwaho Arsenal yegukanye Gyökeres

Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza nyuma y’igihe kinini yirukanka kuri rutahizamu utyaye, Viktor Einar Gyökeres, byarangiye imuguze Miliyoni 80 z’Amayero, harimo n’inyongera zizagenda zitangwa bitewe n’uko azaba yitwaye, ndetse yemeza ko izajya imuhemba ayagera ku bihumbi 200 by’Amayero mu cyumweru, ibyo bikamugira igihangange mu bahabwa agatubutse muri iyi kipe y’Abarashi. Amateka ya Gyökeres Amazina

Read More
Imyidagaduro

Lionel Sentore agiye gutaramira Abanyarwanda

Umuhanzi Lionel Sentore uririmba akanabyina indirimbo z’injyana gakondo agiye gutaramira abanyarwanda mu gitaramo kizaba ku cyumweru taliki 27Nyakanga 2025 Ni igitaramo kizabera ahazwi nka Camp kigali (Kigali Conference and Exhibition Village), kikaba ari igitaramo kizahurirwamo n’abahanzi bakunzwe barimo uwagiteguye Lionel Sentore,  uzafatanya n’abarimo Jules Sentore, Ruti Joël ndetse n’Itorero Ishyaka ry’Intore. Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye

Read More