Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’abaturage ba Kayonza mu gukora umuhanda
Mu muganda wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Mutarama 2026 mu Karere ka Kayonza, Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva wakoranye n’abaturage b’aka karere, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu buryo bwo kwikemurira ibibazo nk’Abanyarwanda ndetse no kwiyubakira Igihugu, bityo ko ukwiye kubabera inzira yo kwishakamo ibisubizo. Ni umuganda wakozwemo umuhanda uturuka mu mujyi
